Ubushingantahe bw’Abarundi mu Burayi bushaka gushyirwa ku rutonde rwa UNESCO
IhirweNews | Buruseli – U Bubiligi
Urugaga rw’Abashingantahe b’Abarundi batuye mu Burayi rwongeye gusubiza ubuzima umuco w’ubushingantahe, rwemeza ko ukeneye kwandikwa ku rutonde rw’umurage udafatika w’Isi urinzwe na UNESCO, ishyirahamwe mpuzamahanga rishinzwe umuco, ubumenyi n’uburezi.
Mu nama idasanzwe yabereye i Buruseli mu ntangiriro za Gicurasi 2025, abashingantahe bashya batatiriwe, harimo n’abagore, icyerekana ko ubushingantahe burimo guhindura isura, bukajyana n’igihe. Abagore n’abagabo batandatu batatiriwe mu muhango wabaye mu muco w’ikirenga, aho basezeranye imbere y’abaturage n’abayobozi kuzaharanira ubutabera, kubaka umuryango utekanye no kurengera abaciye bugufi.
“Ubushingantahe ni ishingiro ry’ubutabera n’ubwiyunge”
Kevin Mberimfura, umwe mu batatiriwe, avuga ko kuba muto bitabuza umuntu kuba inyangamugayo no kugira uruhare mu gushimangira ubuzima bwiza mu muryango.
Yagize ati:
“Nize amateka y’ubushingantahe, nsanga ari nk’umusingi w’ubumwe, w’ubworoherane n’ubudahemuka. Nahise mfata icyemezo cyo kubusaba, ndanatirwa hamwe n’umugore wanjye. Tugiye gukorera Abarundi n’abandi bantu bose batugana, nta kiguzi.”
Ubushingantahe bw’ubu burarenga imyumvire ya kera yo kwirinda gutatira abagore. Janvière Sabushimike, umwe mu bagore batatiriwe, avuga ko ubu ab’igitsina gore bafite ijambo, ndetse n’uburenganzira bwo kuba abafasha b’imena mu byemezo bifatwa mu muryango.
Yagize ati:
“Abagabo n’abagore bose bafite uburenganzira bungana. Turashobora gukemura amakimbirane no gutanga ubutabera ku rwego rumwe n’abagabo. Turashima ko ubu natwe twakiriwe nk’abashingantahe, si igitangaza, ni uburenganzira.”
Abayoboye urugaga rw’abashingantahe mu Burayi bavuga ko impamvu bashyize imbaraga mu gusaba ko uyu muco wandikwa muri UNESCO ari uko hari impungenge z’uko ushobora gusibangana mu mateka n’umuco w’Afurika.
Longin Manirakiza, umwe mu bayobozi, yagize ati:
“Ubushingantahe ni isoko y’imiyoborere, ubwubahane n’ubutabera gakondo. N’ubu, abazungu ubwabo baratugana badusaba kubumvikanisha no kubafasha mu makimbirane. UNESCO ikwiye kububungabunga nk’uko yabigenje ku ngoma z’u Burundi.”
Abagize urwo rwego bashimangiye ko bashishikariza urubyiruko kumenya amateka n’umuco byabaranze, aho gushukwa n’ibigezweho gusa. Bemeza ko kwigira ku migenzo myiza byafasha mu kubaka ejo heza habereye buri wese.
