U Burusiya bwagabye igitero kinini ku mujyi wa Kharkiv: Abaturage bahitanywe n’ibisasu, ibikorwa remezo birasenyuka
U Burusiya bwagabye igitero gikomeye ku mujyi wa Kharkiv, umujyi wa kabiri munini muri Ukraine, gihitana abantu batatu, abandi barenga 20 barakomereka, harimo abana babiri. Ibi bitero byabaye nyuma y’iminsi mike Ukraine igabye igitero cya drone cyiswe “Operation Spider’s Web” ku birindiro by’indege z’intambara z’u Burusiya.
Meya wa Kharkiv, Ihor Terekhov, yatangaje ko mu ijoro rishyira ku wa Gatandatu, u Burusiya bwakoresheje drones 48 zo mu bwoko bwa Shahed, ibisasu bibiri bya missile, hamwe n’ibisasu bine bigendera mu kirere kure (aerial glide bombs) mu gitero cyibasiye uturere tubiri tw’umujyi. Ibi bitero byangije inzu 18 z’amagorofa, inzu 13 z’abaturage, ndetse n’ibikorwa remezo birimo amashuri n’ibigo by’ubucuruzi. Ibice byibasiwe cyane ni Osnovianskyi, aho habaye inkongi y’umuriro nyuma y’uko drones eshatu zirashe inzu y’amatungo yari yarasizwe, ndetse n’ahandi drones eshanu zirashe mu bice by’inyuma y’umujyi.
Ibi bitero bikomeye byakurikiye igitero cya drone cyagabwe na Ukraine ku birindiro bine by’indege z’intambara z’u Burusiya, kizwi nka “Operation Spider’s Web”. Iki gitero cyagabwe ku ya 1 Kamena 2025, cyateguwe mu gihe cy’amezi 18, aho drones 117 zoherejwe mu buryo buhambaye, zigasenya indege zirenga 40 za gisirikare, harimo n’indege zishobora gutwara ibisasu bya kirimbuzi. Ubu buryo bushya bwo gutera bwagaragaje ubushobozi bwa Ukraine mu ntambara y’amasasu n’ikoranabuhanga.
U Burusiya bwatangaje ko igitero cyabaye ku birindiro byabwo ari igikorwa cy’iterabwoba, bityo bukaba bwaragombaga kwihimura. Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yabwiye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ko u Burusiya bugomba gusubiza Ukraine kubera icyo gitero. Perezida Trump nawe yavuze ko Ukraine yateje ibi bitero by’u Burusiya kubera igitero cyayo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Andrii Sybiha, yasabye ko hakongerwa igitutu ku Burusiya ndetse n’ubufasha ku gihugu cye. Yavuze ko ibitero by’u Burusiya byibasira abaturage b’inzirakarengane, bikangiza ibikorwa remezo, kandi bikaba bigamije guhindura Ukraine igihugu kidashobora kwiyubaka. Yasabye ko amahanga yongera ubufasha mu bijyanye n’intwaro n’ubukungu kugira ngo Ukraine ibashe kwirwanaho no gusana ibyangiritse.
