APR BBC itsinze REG BBC, igera ku ntsinzi ya gatatu isatira Igikombe cya Shampiyona
APR BBC yatsinze REG BBC amanota 81 kuri 77 mu mukino wa kane wa kamarampaka (Playoffs) wabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 9 Nyakanga 2025 muri BK Arena, bituma ikomeza gusatira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda mu mukino wa Basketball.
Iyi ntsinzi ya APR BBC ni iya gatatu muri iyi mikino ya nyuma, mu gihe REG BBC yo yari imaze kubona intsinzi imwe. Bisobanuye ko APR BBC isabwa gutsinda umukino wa gatanu kugira ngo yisubize igikombe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
REG BBC ni yo yatangiye umukino iyoboye, ishyiramo imbaraga nyinshi cyane cyane ku bufatanye bwa Garmine Kande Kieli na Isezereno Enock. Ibi byatumye igace ka mbere karangira REG BBC ifite amanota 25 kuri 9 ya APR BBC, bikaba byari bikomeye kuri APR BBC.
Gusa ibintu byahinduye isura mu gace ka kabiri ubwo APR BBC yabonaga uburyo bwo kugabanya ikinyuranyo, binyuze ku bakinnyi nka Axel Mpoyo, Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza ndetse na Adonis Filer bagaragaje ubuhanga mu gutsinda amanota atatu. APR BBC yatsinze aka gace amanota 31 kuri 17, ariko igice cya mbere cyose kirangira REG BBC ikiyoboye n’amanota 42 kuri 40.
Mu gace ka gatatu, ikipe y’Ingabo yakomeje kwitwara neza, Youssoupha Ndoye hamwe na Adonis bakomeza gutsinda amanota menshi batuma APR BBC iyobora umukino, igatsinda aka gace ku manota 65 kuri 52.
REG BBC ntiyacitse intege kuko mu gace ka nyuma, habura iminota mike umukino urangira, yagerageje kongera kugaruka binyuze kuri Muhizi Prince na Garmine bagabanya ikinyuranyo cy’amanota, bituma umukino ugera aho amakipe yombi asa n’aho yikurikiranya mu manota.
Ariko APR BBC yarushije REG BBC guhatana mu minota ya nyuma, maze umukino urangira iyoboye ku manota 81 kuri 77.
Biteganyijwe ko umukino wa gatanu uzaba ku wa Gatanu tariki ya 11 Nyakanga 2025 muri BK Arena. Niramuka iwutsinze, APR BBC izaba yegukanye igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, ikomeza kwerekana ubudahangarwa bwayo muri Basketball y’u Rwanda.
