RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku cyemezo cyo gufungura umupaka wa Bunagana uri mu gice kigenzurwa na M23
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko igiye gusaba ibisobanuro Uganda, nyuma y’uko iki gihugu gifunguye umupaka wa Bunagana ndetse n’uwa Ishasha uhuza Uganda n’uduce dufatwa n’inyeshyamba za AFC/M23.
Ku itariki ya 10 Nyakanga 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana, yafunguye ku mugaragaro umupaka wa Bunagana, avuga ko ari mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza yatanzwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.
Icyo gihe, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko na wo umupaka wa Ishasha wafunguwe, kugira ngo ubucuruzi busubukuwe nk’uko byahoze. Yagize ati:
“Nta mpamvu n’imwe yakagombye kubuza abaturage gucuruza. Tugiye no gukora iperereza ku bayobozi bashobora kuba barahagaritse ubu bucuruzi binyuranyije n’amategeko.”
Ibi byakurikiwe n’inama y’Abaminisitiri ya RDC yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi ku wa 11 Nyakanga 2025, aho ikibazo cy’ifungurwa ry’iyi mipaka n’uburyo byakozwe bitabanje kuganirwaho n’ubutegetsi bwa Congo cyaje ku isonga mu biganirirwaho.
Mu itangazo ryasomwe na Patrick Muyaya, Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, yavuze ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner, yasabwe gusaba Uganda ibisobanuro birambuye kuri iki cyemezo.
Muyaya yagize ati:
“Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yategetswe gushaka ibisobanuro bifatika kuri iki cyemezo cya Uganda, kugira ngo hatagira ikihutirwaho kidasobanutse mu mubano w’ibihugu byombi.”
Ubwo umupaka wa Bunagana wafungurwaga, Bizimana Abel yashimiye Perezida Museveni kuba yarumvise ibibazo by’abaturage bifuza gusubukura ubucuruzi, avuga ko ubucuruzi budakwiye kwivanga n’ibibazo bya politiki.
Ku rundi ruhande, ihuriro AFC/M23 na ryo ryashimiye Museveni ku cyemezo yafashe, rivuga ko ari intambwe nziza mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage batuye hafi y’iyo mipaka.
Kugeza ubu, hataramenyekana niba ibi bizagira ingaruka ku mubano w’ibihugu byombi, dore ko RDC isanzwe ishinja Uganda kubana neza n’inyeshyamba za M23, Uganda ikabyamaganira kure igaragaza ko icyo ishyize imbere ari amahoro n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
