Amakuru yo mu mahangaPolitike

Gusubiranamo ku ingabo za RDC, abapolisi na Wazalendo byahitanye abantu 9


Mu mujyi wa Kindu, mu ntara ya Maniema, abaturage bisanze mu icuraburindi ry’iterabwoba ku wa 14 Kanama 2025, ubwo habaga imirwano ikaze yahuje abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abapolisi ndetse n’umutwe witwaje intwaro wa Wazalendo.

Amakuru yemejwe n’umuvugizi w’ingabo mu burasirazuba bwa Congo, Lt Jérémie Gbe, agaragaza ko iyi mirwano yahitanye abantu 9, barimo abarwanyi batanu ba Wazalendo, abasirikare babiri n’abapolisi babiri. Abandi umunani barakomereka bikomeye.

Imvano y’aya makimbirane yaturutse ku kugaragara ko umwana wa Amani Useni Josué, uzwi nka Saddam, uyobora umutwe wa Wazalendo muri ako gace, yakubiswe n’abashinzwe umutekano bari ku burinzi.

Iri sakirana ryakije umuriro wari usanzwe uzimata, rituma abarwanyi ba Saddam bafata umwanzuro wo kwihimura.

Imirwano yakomereje mu gace ka Tukolote, ahatangiye kumvikana amasasu akaze mu masaha y’umugoroba, abaturage barya iminwa n’abadafite aho bakinga umutwe.

Lt Gbe yagize ati: “Uruhande rw’umwanzi rwapfushije batanu, abandi bane barakomereka. Ku ruhande rwacu, twabuze 4 bzrimo abapolisi 2 n’abasirikare 2 mu gihe abandi 4 bakomerekejwe.”

Mu rwego rwo guhosha imyigaragambyo y’amasasu, Guverineri wa Maniema, Mussa Kabwankubi, yahise atangaza guma mu rugo y’agateganyo, rikorwa kuva saa mbili n’igice z’ijoro kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo.

Ubu buryo bwagambiriye kugarura ituze no kurinda ko imirwano yakongera kwaduka mu bice bituranye.

Nubwo ubuyobozi buvuga ko ibintu byashyizwe mu buryo, abaturage bo bavuga ko batekanye ku rwego ruto cyane. Bamwe bavuga ko gusinzira byabaye amateka, abandi bakavuga ko ubuzima bwabo busigaye mu maboko y’abasirikare.

Umwe mu baturage twahaye izina rya Pascal yagize ati: “Twumvise amasasu arara avuga, twibwira ko ari intangiriro y’intambara nini. Turifuza amahoro, ariko uko tubibona biracyari kure.”

Ibibazo by’ubutegetsi bw’inzego z’umutekano, imikoranire y’ingabo n’abaturage, ndetse n’ubushotoranyi bw’imitwe yitwaje intwaro, byose bikomeje kuba inzitizi ku rugendo rwa Leta ya Kinshasa rwo gushaka ituze rirambye.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *