AmakuruSiporo

APR FC yasinyishije Ronald Ssekiganda: Umukinnyi wo hagati w’Ikipe y’Igihugu ya Uganda


Ikipe ya APR FC ikomeje kwiyubaka no kongera imbaraga hagati mu kibuga aho imaze gusinyisha umukinnyi wo hagati w’Umugande, Ronald Ssekiganda, wakiniraga Villa SC, ku masezerano y’imyaka ibiri.

Ssekiganda, usanzwe akina hagati mu kibuga, yigaragaje cyane mu mwaka w’imikino wa 2023/24 aho yafashije ikipe ya Villa SC kwegukana igikombe cya shampiyona ya Uganda. Muri uwo mwaka, yatsinze ibitego bitatu anatanga imipira itandatu yavuyemo ibitego. Mbere yaho, mu mwaka wari wabanje, yari yatsinze igitego kimwe anatanga indi mipira itanu yavuyemo ibitego.

Uyu mukinnyi w’imyaka 25, wamenyekaniye cyane muri shampiyona ya Uganda kuva yagera muri Villa SC mu mpeshyi ya 2020, amaze kugaragara mu mikino 69 ya shampiyona, aho yatsinzemo ibitego bitanu.

Ssekiganda kandi ari umwe mu bakinnyi b’inkingi ya mwamba mu Ikipe y’Igihugu ya Uganda, Uganda Cranes. Yatangiye kuyihamagarwamo mu 2024, aho amaze kuyikinira imikino 12, atsindamo igitego kimwe anatanga imipira ibiri yavuyemo ibitego. Yari kandi mu bakinnyi bagize uruhare rukomeye mu gufasha Uganda kubona itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc mu mpera z’uyu mwaka wa 2025.

Kwinjizwa kwa Ronald Ssekiganda muri APR FC ni ikimenyetso gikomeye cy’uko iyi kipe ikomeje gushaka gukomeza kwitwara neza mu marushanwa yo mu gihugu no hanze yacyo. Azaba yunganiye abandi bakinnyi bo hagati mu kibuga b’inararibonye, mu gihe ikipe yitegura imikino y’CAF Champions League.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *