APR BBC yongeye kwandika amateka, yegukana igikombe cya 16 cya Shampiyona ya Basketball
APR BBC yanditse amateka mashya muri Basketball y’u Rwanda, nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagabo (2024/25) itsinze REG BBC ku manota 81-72 mu mukino wa kane w’ikirarane cya kamarampaka.
Uyu mukino w’ishiraniro wabereye muri BK Arena ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 11 Nyakanga 2025, ukaba warafashije APR BBC kuzuza intsinzi enye kuri imwe mu mikino ya kamarampaka, bityo ikegukana igikombe cya 16 mu mateka yayo, ari nacyo cya gatatu ikurikiranya mu myaka itatu.
APR BBC yari yagiye mu kibuga isabwa gutsinda kugira ngo ihite yegukana igikombe, mu gihe REG BBC yo yashakaga gutsinda ngo isubize icyizere mu rugo, iharanire kucyongera mu nshuro yayitwaye mu 2022.
Umukino watangiye amakipe yombi agendana, ahanini kubera Youssoupha Ndoye wa APR na Isezerano Enock wa REG batsindaga amanota y’ingenzi. Icyakora aka gace ka mbere karangiye APR BBC iyoboye n’amanota 17 kuri 15.
Mu gace ka kabiri, APR BBC yabonye uburyo bwo kongera ikinyuranyo binyuze kuri Robbeyns Williams, Axel Mpoyo na Jean Victor Mukama, igera ku manota 30 kuri 21. Ariko REG BBC na yo ntiyacitse intege kuko mu minota ya nyuma igice cya mbere cyarangiye amakipe anganya amanota 35-35, nyuma yo gutsindwa cyane n’abarimo Muhizi Prince na Garmine Kande Kieli.
Mu gace ka gatatu, APR BBC na REG BBC byakomeje kugendana mu gutsindana amanota kugeza mu minota itanu ya nyuma ubwo APR BBC yongeye kwigira imbere ibifashijwemo na Youssoupha Ndoye na Antino Jackson, ikarangiza aka gace iyoboye n’amanota 56-54.
Mu gace ka nyuma, APR BBC yakomeje kwiharira umukino. Antino Jackson yatsindaga amanota atatu (three points) menshi, Israel Otobo na Ndoye bakomeza gushyira REG BBC igitutu, bikarangira itandukaniro rigeze ku manota 78 kuri 67. REG BBC yagerageje kugabanya ikinyuranyo mu minota ya nyuma binyuze kuri Muhizi Prince, Cleveland Thomas Jr na Enock Isezerano ariko ntibyari bihagije.
Umukino warangiye APR BBC itsinze ku manota 81 kuri 72, yegukana igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya 16, ishimangira ubukombe bwayo muri ruhago y’amaboko.
Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umuhango wo guhemba amakipe n’abakinnyi bitwaye neza. APR BBC yahawe igikombe ndetse na miliyoni 15 Frw, REG BBC ya kabiri ihabwa miliyoni 7,5 Frw naho UGB BBC yabaye iya gatatu ihabwa miliyoni 3,5 Frw.
Mu bihembo byihariye, Youssoupha Ndoye wa APR BBC yabaye umukinnyi mwiza wa kamarampaka (Playoffs MVP) ahembwa miliyoni ebyiri. Kayondo Eric wa UGB yabaye umukinnyi wateye imbere kurusha abandi, Elliot Cole wa Patriots aba umukinnyi watsinze amanota atatu menshi (54).
Mu gihe Umunyamali Aliou Diarra wa APR BBC yahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza wa shampiyona isanzwe (Regular Season MVP), naho Jean Jacques Boissy wa REG BBC aba umukinnyi watsinze amanota menshi muri shampiyona (367). Umutoza w’umwaka yabaye James Maye Jr wa APR BBC.
APR BBC ni yo izahagararira u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) mu 2026.






