Amakuru yo mu mahanga

Umunyamerikakazi yakatiwe imyaka 30 mu Bwongereza azira gushaka kwica umugabo


Urukiko rw’i Birmingham mu Bwongereza rwakatiye Umunyamerikakazi Aimee Betro igifungo cy’imyaka 30 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kugerageza kwica umugabo ndetse no gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Betro yageze mu Bwongereza mu 2019, aho yahise ahabwa ikiraka na Mohammed Aslam na Mohammed Nazir cyo kurasa umugabo wari utuye muri uyu mujyi. Mu byumweru bibiri gusa yari ahamaze, Betro yagerageje kwica uwo mugabo amurashe imbere y’urugo rwe, ariko imbunda ye ntiyakora neza, bituma umugambi we uhinduka ubusa.

Nyuma y’ibyo, Betro yahise asubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusa mu myaka itanu yakurikiyeho yaje gusubira mu Bwongereza ari bwo yahise atabwa muri yombi akaburanishwa. Urukiko rwamuhamije icyaha cyo gushaka kwica umuntu no gutunga intwaro agamije gukora icyaha cy’ubugizi bwa nabi.

Polisi yatangaje ko Betro na Nazir bamenyanye biciye ku mbuga nkoranyambaga, bakaza no guhuriza hamwe umugambi mubisha wo kwica uwo mugabo. Mohammed Aslam na Mohammed Nazir bo bamaze gukatirwa igifungo kirekire kubera uruhare rwabo muri iki gikorwa.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *