AmakuruUbuzima

Kugenda intambwe zirenga 7,000 ku munsi bifasha kurinda indwara zikomeye


Ubushakashatsi bushya bwashyizwe ahagaragara n’itsinda ry’abahanga mu by’ubuzima bwerekanye ko kugenda intambwe nibura 7,000 ku munsi bishobora kugira uruhare runini mu kurinda indwara zikomeye zifata ubwonko, umutima ndetse na kanseri.

Ubu bushakashatsi bwakozwe ku rwego mpuzamahanga, bwifashishije amakuru y’abantu barenga ibihumbi 160 bo mu bihugu bitandukanye. Dr. Melody Ding, umwe mu babuyobozi babwo, avuga ko nubwo abantu benshi bakunze gufata intambwe 10,000 ku munsi nk’intego nziza, nta mpamvu ihari yo guhatirwa kuyigeraho kugira ngo umuntu abe ari mu mutekano w’ubuzima.

Aho kugira ngo umuntu yihatire kugera ku rwego rwa siporo runaka, ubushakashatsi bwerekanye ko abagenda intambwe hagati ya 5,000 na 7,000 ku munsi baba bamaze kugera ku rugero rwiza rwo kwita ku buzima bwabo.

Mu bipimo byasohowe, abagenda intambwe 7,000 ku munsi bagabanya ibyago byo kurwara indwara z’umutima ku kigero cya 25%, kanseri ku kigero cya 6%, kwibagirwa bikabije [dementia] ku kigero cya 38%, ndetse n’agahinda gakabije ku kigero cya 22%, ugereranyije n’abagenda intambwe nke cyane nka 2,000 ku munsi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), risanzwe risaba abantu bakuru gukora imyitozo ngororamubiri byibura iminota 150 mu cyumweru yoroheje cyangwa iminota 75 ikomeye. Ariko Dr. Ding avuga ko ku bantu bamwe, kugera kuri iyo minota bishobora kuba ingorabahizi, bityo kugendera ku ntambwe z’umunsi bishobora kuba inzira yoroshye yo gutangira urugendo rwo kwita ku buzima.

Dr. Daniel Bailey wo muri Kaminuza ya Brunel avuga ko ubu bushakashatsi bushobora guhindura imyumvire ya benshi, kuko bwerekana ko n’intambwe zitarenga 10,000 zifite akamaro gakomeye. Avuga ko gushyiraho intego itari hejuru cyane—nk’iyo kugenda intambwe 7,000—byorohereza benshi kugera ku mihigo yabo y’ubuzima.

Na ho Dr. Andrew Scott, wigisha ubumenyi bw’imyitozo ngororamubiri muri Kaminuza ya Portsmouth, ashimangira ko umubare w’intambwe siwo shingiro, ahubwo icy’ingenzi ari ukwimenyereza kugenda no gukora mu buryo buhoraho. Yongeraho ko “kugenda kenshi, uko umuntu abishoboye, bifite umumaro kurusha kwigora uharanira umubare.”

Mu gihe isi ihanganye n’indwara zitandura n’imyitwarire idahwitse mu buzima bwa buri munsi, intambwe nkeya, ariko zikorwa buri munsi, zishobora kuba igisubizo kirambye ku buzima bwiza.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *