Amakuru

Kenya: Umudepite utavuga rumwe n’ubutegetsi yishwe


Polisi yo muri Kenya yatangaje ko Umudepite witwa Charles Were Ong’ondo,
wabarizwaga mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi riyobowe na Raila Odinga,
yishwe arashwe n’abagizi ba nabi.
Ubu bwicanyi bwabereye ku muhanda wa Ngong, mu murwa mukuru, Nairobi.
Ong’ondo, nyuma yo kuraswa n’abagizi ba nabi bari bari kuri moto, umushoferi we
ndetse n’ushinzwe umutekano we bahise bamujyana kwa muganga igitaraganya ariko
biba iby’ubusa kuko yitabye Imana bataragerayo.
Ubwo ubu bwicanyi bwari bumaze kuba polisi yageze ahabereye icyaha.
Umuvugizi wa Polisi, Muchiri Nyaga, yavuze ko ari ubwicanyi bwateguwe.
BBC yanditse ko uyu mudepite utavugaga rumwe n’ubutegetsi, mu mezi abiri ashize
yari yatangaje ko ubuzima bwe buri mu kaga kuko hari abantu bari bamaze iminsi
bamugendaho bamutera ubwoba.
Perezida wa Kenya, William Ruto, yavuze ko iperereza rigomba gukorwa bwangu
ndetse mu buryo bwimbitse kugira ngo ababikoze bafatwe babiryozwe.
Raila Odinga, yavuze ko Ong’ondo yishwe nabi ashimangira ko kandi igihugu kibuze
umuntu w’ingirakamaro.
Mu 2017 nibwo Ong’ondo yatorewe kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Kenya.

Source The Citizen Kenya


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *